Ibikomeje gutiza umurindi ikoreshwa ry’inkwi n’amakara mu Rwanda
From Wikipedia, the free encyclopedia
Abakora muri serivisi zo guhanga no gucuruza ibikoresho n’ibicanwa bitangiza ibidukikije, bagaragaje ko kuba ibiciro byabyo bikiri hejuru biri mu bitiza umurindi gukoresha amakara n’inkwi mu guteka.
Ibi byagaragajwe n’abakozi b’ibigo binyuranye bikora ibicanwa bitangiza ibidukikije ubwo hasozwaga amahugurwa y’iminsi ine yateguwe n’ikigo cya Energy Developpers mu Rwanda gihuza abikorera bari mu rwego rw’ingufu.
Muri aya mahugurwa bahuguwe ku birebana n’uburyo nyabwo bwo kwiga isoko, gukora ibicuruzwa bifite ubuziranenge, guhanga udushya tugamije guca burundu iyangirika ry’ikirere n’uburyo bwa nyabwo bwo gukorera amafaranga.
Ni amahugurwa yitabiriwe n’ibigo birenga 40 bikora ibintu binyuranye birimo ibicuruza gaz, amashyiga ya kijyambere, imbabura zigezweho n’ibindi bigamije kwirinda iyangirika ry’ibidukikije bikoreshwa mu guteka.